Sam Karenzi Yafunguye Radiyo Nshya ‘SK FM’ Yumvikanira kuri 93.9 FM

Umunyamakuru w’inararibonye mu itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda, Sam Karenzi, yafunguye ku mugaragaro radiyo nshya yise ‘SK FM’, izajya yumvikanira ku murongo wa 93.9 FM. Iyi radiyo izakorera mu karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali, itambutse ibiganiro bigaruka ku mikino, ubukungu, politiki n’indi. Mu muhango wo kuyifungura, Sam Karenzi yashimiye byimazeyo abamufashije muri uru rugendo […]
Igitaramo ‘Icyumba cya Rap’ cyari gitegerejwe n’abatari bake cyarangiye bamwe batanyuzwe

Ku mugoroba washize tariki 10 Mutarama 2025, ni bwo abaraperi barenga 14 bahuriye mu ihema ryo muri Kigali Conference and Exhibition Villa ahazwi nka Camp Kigali mu gitaramo ‘Icyumba rya Rap’ cyari kimaze iminsi gitegerejwe na benshi by’umwihariko abakunda injyana ya Hip Hop. Ni igitaramo cyari cyabanje gukomwa mu nkokora n’imvura nyinshi yiganjemo umuyaga, dore […]
“Ese u Rwanda rubaye rutari aho ruri cyangwa ruri ahandi ku Isi, ni byo byakemura ibibazo biri muri DRC?” Paul Kagame

Kuri uyu wa Kane tariki ya 09 Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, ikiganiro cyabereye muri Convention Center.Yagarutse ku kibazo cyabaye agatereranzamba mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) no ku ruhare rw’u Rwanda muri iki kibazo, kenshi rugenda rugarukwaho mu magambo. Perezida Kagame yagaragaje ko ikibazo […]
Perezida Kagame arasaba ko kwimura abaturage bikorwa hubahirizwa uburenganzira bwabo ku ngurane

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 9 Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, aho yagarutse ku kibazo cy’abaturage bimurwa mu gihe hari ibikorwa remezo birimo kubakwa mu nyungu z’igihugu, birimo imihanda n’ibindi. Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko iki kibazo kizwi kandi inzego zibishinzwe ziri gushakisha uko cyakemuka mu buryo burambye. Yagize ati: […]
USA: Abarenga ibihumbi 150 bakuwe mu byabo n’inkongi y’umuriro

Inkongi y’umuriro yibasiye Umujyi wa Los Angeles kuva mu ijoro ryo ku ya 8 Mutarama 2025, itera abarenga ibihumbi 150 kuva mu byabo by’umwihariko abatuye mu duce nka Santa Monica ndetse na Malibu. Ikinyamakuru The Sun dukesha iyi nkuru kivuga ko kugeza ubu hataramenyekana icyateye iyi nkongi y’umuriro, icyakora hari gushyirwa mu majwi umuyaga ukaze […]
Social Mula agarutse mu isura nshya

Umuhanzi w’Umunyarwanda Lambert Mugwaneza uzwi ku iziana rya Social Mula wakunzwe n’abatari bacye yongeye kugaruka mu ruhando rw’umuziki agaragaza impinduka mu isura ye no mu mikorere ye muri rusange. Izi mpinduka zishingiye ku bikorwa bitandukanye ari gukora birimo na Album nshya yise “Confidence,” avuga ko zigamije gutanga ibishya no guhuza n’icyerekezo gishya cy’umuziki Nyarwanda. Ku […]
Spice Diana yaciye amazi urutonde rwa Bebe Cool

Umuhanzikazi Spice Diana Ukomoka mu gihugu cya Uganda yatangaje ko urutonde ngarukamwaka rw’abahanzi rwakozwe na Bebe Cool rudafite agaciro na gato kuri we, ahubwo abifata nk’igikorwa giciriritse kandi kitari ngombwa. Mu cyumweru gishize ni bwo Bebe Cool yasohoye urutonde rw’abahanzi bitwaye neza kurusha abandi, anasobanura impamvu buri muhanzi yashyizwe kuri urwo rutonde. Ibi byakurikiwe b’ibitekerezo […]
Akari ku mutima wa The Ben nyuma y’igitaramo cye

Mugisha Benjamin benshi bamenye nka The Ben yashimiye abikuye ku mutima abantu bose bamufashije mu gitaramo yakoze kuwa 1 Mutarama 2025, ndetse ashimira n’abafana yahamagaye bakitaba. Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram nyuma y’iminsi ibiri igitaramo kirangiye yagize ati “ Ndashimira byimazeyo abantu bose bamfashije gutuma igitaramo kigenda neza, Abafatanyabikorwa, Abaterankunga, Itangazamakuru, by’umwihariko […]
Umuhungu wa Jose Chameleone yatangaje ko Se ashobora kutarenza imyaka ibiri kubera uburwayi buterwa n’inzoga

Umuhungu w’icyamamare mu muziki wa Uganda, Jose Chameleone, witwa Abba Marcus, yifashe amashusho y’iminota itandatu agaruka ku burwayi bwa Se, asobanura uko abaganga bamubwiye ko ubuzima bwa Se buri mu kaga. Abaganga batangaje ko niba Jose Chameleone akomeje kunywa inzoga mu buryo bukabije, ashobora kutarenza imyaka ibiri akiriho. Uyu muhanzi ukomeye muri Uganda no hanze […]
John Legend ategerejwe I Kigali mu gitaramo cy’Amateka

Byamaze kwemezwa ko icyamamare mpuzamahanga mu muziki w’inyana ya R&B, John Legend, azataramira mu Abanyarwanda mu gitaramo ‘Move Africa’, kizaba ku wa 21 Gashyantare 2025 muri BK Arena, i Kigali. Iki gitaramo cya Move Africa gitegurwa na Global Citizen, kigiye kuba ku nshuro ya kabiri muri Afurika. Umwaka ushize, iki gikorwa cyabereye i Kigali cyari […]