{"id":17,"date":"2026-08-22T10:51:21","date_gmt":"2026-08-22T10:51:21","guid":{"rendered":"https:\/\/eaur.ofo.fyv.temporary.site\/kin\/?p=17"},"modified":"2026-09-03T14:21:27","modified_gmt":"2026-09-03T14:21:27","slug":"kenya-batawe-muri-yombi-bakekwaho-kwica-inzovu-baziroze","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/kenya-batawe-muri-yombi-bakekwaho-kwica-inzovu-baziroze\/","title":{"rendered":"Kenya: Batawe muri yombi bakekwaho kwica inzovu baziroze"},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abahinzi babiri bo muri Kenya batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu kuroga inzovu zo muri Pariki ya Amboseli no mu gace kayikikije, aho inzovu 18 zimaze gupfa hagati ya tariki ya 24 Kamena na 26 Nyakanga.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umuyobozi Mukuru Wungirije w\u2019Ikigo Gishinzwe kubungabunga inyamaswa zo mu gasozi (Kenya Wildlife Service:KWS), Paul Wambi, yavuze ko umubare w\u2019inzovu zapfuye wazamutse ukava kuri 16 ukagera kuri 18.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yagize ati \u201cUmubare w\u2019izapfuye wageze kuri 18 kugeza ubu. Indi nzovu imwe iri gukurikiranwa hafi n\u2019abaganga bacu b\u2019amatungo. Abaganga bacu barimo gukora ibishoboka byose kugira ngo uyu mubare utazongera kwiyongera.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w\u2019Abarinzi b\u2019Inyamaswa muri Pariki ya Tsavo West ku wa 31 Nyakanga, Umuyobozi Mukuru wa KWS, Prof Erustus Kanga, yari yavuze ko ibizamini bya mbere byakorewe ku bisigazwa by\u2019izi nyamaswa byagaragaje ibimenyetso by\u2019uburozi bukomeye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Prof Kanga yavuze ko raporo z\u2019isuzuma ry\u2019imibiri ryakozwe n\u2019abaganga b\u2019amatungo ba KWS zagaragaje ko izi nzovu zariye cyangwa zanyoye ibintu birimo imiti yica udukoko yakoreshejwe mu mirima y\u2019inyanya iri hafi ya Pariki ya Amboseli, Kimana Sanctuary ndetse n\u2019agace ka Kuku Group Ranch, aho izi nzovu zaguye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Agace ka Amboseli kari hafi y\u2019imirima minini myinshi ihingwamo ibihingwa bitandukanye. Imwe muri yo ikaba ihana imbibi n\u2019inzira inyamaswa zikoresha zimuka.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Iperereza ryakozwe n\u2019Urwego rw\u2019Ubutasi rwa Kenya ni ryo ryatumye abo bahinzi bafatwa nyuma y\u2019ibyumweru bibiri rukurikirana imirima itandukanye iri muri ako gace.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abakozi b\u2019ubutasi ngo bari barinjiye muri iyo mirima biyita abakozi basanzwe kugira ngo bakusanye amakuru.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Bivugwa ko umwe mu bafashwe, ukomoka muri Tanzania ari we wateguye umugambi wo kuroga izi nyamaswa, yafatiwe i Nairobi ku wa Kane nijoro, mu gihe undi yafatiwe mu Ntara ya Kajiado.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abandi bahinzi batandukanye, bari gukorwaho iperereza nk\u2019abantu bashobora kugira amakuru kuri iki kibazo.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umwe mu bakora iperereza yagize ati \u201cUbu biragaragara ko inyamaswa zanyoye amazi yari yashyizwemo ikinyabutabire cy\u2019uburozi, yashyizwe ahantu hateguwe ku buryo inyamaswa zitashoboraga kuyarengaho.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yongeyeho ko bakeka ko ibinyabutabire biri kwifashishwa byaba byarinjijwe muri Kenya biturutse mu gihugu cy\u2019abaturanyi, ariko ko bataramenya impamvu nyir\u2019izina yatumye uwo muntu ategura kwica izo nyamaswa.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Wambi ati \u201cKugeza ubu abakekwa babiri b\u2019abagabo bari mu maboko y\u2019inzego z\u2019ubutabera. Itsinda ry\u2019inzego zitandukanye ririmo gushakisha abandi. Abakekwa bazagezwa imbere y\u2019ubutabera mu gihe gikwiye. Tugomba kurinda inyamaswa zacu ari ishema ry\u2019igihugu.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Pariki ya Amboseli iri mu Ntara ya Kajiado, ifite ubuso bwa kilometero kare 392, ni hamwe mu hantu hakomeye hakurura ba mukerarugendo muri Kenya.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Iyo pariki izwiho kugira amashyo y\u2019inzovu , kandi ni imwe mu nkingi z\u2019ubukungu bw\u2019igihugu ndetse n\u2019abaturage bayikikije. Hafi 80% by\u2019inyamaswa zo muri ako gace ziba hanze y\u2019imipaka ya pariki.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Abahinzi babiri bo muri Kenya batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu kuroga inzovu zo muri Pariki ya Amboseli no mu gace kayikikije, aho inzovu 18 zimaze gupfa hagati ya&#8230; <\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":18,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9,17,22],"tags":[],"class_list":["post-17","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ibidukikije","category-inkuru-twabahitiyemo","category-inkuru-zishyushye"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/17","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=17"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/17\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":19,"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/17\/revisions\/19"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/media\/18"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=17"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=17"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/magazine.eaur.ac.rw\/kin\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=17"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}